RDC: Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika irikanga igitero cy’iterabwoba

Sangiza iyi nkuru

Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ifite impungenge ko ishobora kugabwaho igitero by’iterabwoba.

Amakuru aturuka muri Congo aravuga ko iyi Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Kinshasa muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo kuri iki Cyumweru itigeze ifungura imiryango kubera izi mpungenge.

Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru iravuga ko itangazo ryashyizwe ahagaragara  ku rubuga rw’iyi ambasade rivuga ko ifite amakuru afatika yemeza ko ishobora kwibasirwa n’igitero cy’iterabwoba, ariko nta bindi bisobanuro yatanze.

Iri tangazo kandi ryavuze ko iyi ambasade ya Amerika i Kinshasa kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Ugushyingo 2018 itaribufungure, ishyiraho numero za telephone Abanyamerika bari muri Congo bakwitabaza bakeneye ubufasha.

Aba baturage b’Abanyamerika kandi aho bari hirya no hino muri Congo basabwe gukomeza kuba maso no kwitwararika muri ibi bihe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *