Nyuma ya Lt Col Ikurakure undi musirikare mukuru mu Burundi yishwe

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’aho Lt Col Darius Ikurakure yiciwe muri Etat Major y’igisirikare cy’u Burundi kuri uyu wa Kabiri, amakuru abyukiye mu itangazamakuru ry’u Burundi kuri uyu wa Gatatu aravuga ko na Major Didier Muhimpundu wahoze mu gisirikare cy’u Burundi (Ex-FAB) nawe yishwe.

Inkuru dukesha urubuga rwo mu Burundi , Bishasha.com, aravuga ko Major Muhimpundu yiciwe mu mujyi wa Bujumbura imbere ya Snack Bar Hibiscus.

CeLMlQMW0AAfGvQ-720x340
Major Didier Muhimpundu bivugwa ko yishwe

Amakuru y’iyicwa rya Major Muhimpundu yemejwe na Pacifique Nininahazwe, Impirimbanyi mu bijyanye no kurengera uburenganzira bwa muntu na demokarasi mu Burundi, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter.

Ibi bikaba byabaye nyuma y’amasaha umunani gusa Lt Col Darius Ikurakure yiciwe mu biro bikuru by’igisirikare cy’u Burundi n’umuntu kugeza ubu utaramenyekana ngo wamurashe agahita ata imbunda akaburirwa irengero.

Bishasha.co ikomeza ivuga ko hari andi makuru ayigeraho avuga ko haba hari n’undi musirikare mukuru mu gisirikare cy’u Burundi waba wishwe nawe ariko aya makuru akaba ataremezwa akiri gukurikiranwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *