Indege itagira umupilote (Drone) ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yishe umukomando ukomeye w’Abatalibani mu Majyepfo bwa Afuganistani.
Uyu mukomando wari uzwi ku izina rya Mullah Abdul Manan, yari umwe mu barwanya Leta ya Afuganistani, ngo akaba yicanwe n’abandi bane bari kumwe muri Distrikte ya Nawzad, mu ntara ya Helmand.
Nk’uko VOA ibitangaza, ngo amakuru ava mu Batalibani, ni uko urupfu rw’uyu mukomando rwaciye intege bagenzi be, ndetse ko Manan yari nk’umuyobozi wabo muri iyi ntara ya mbere mu bunini muri iki gihugu.
Iyi ntara ya Helmand ngo yigaruriwe n’Abatalibani, ikaba izwiho kuba nk’isoko rikomeye ricururizwamo ibiyobyabwenge kandi Manan ngo akaba ariwe wari uhagarariye ibyo bikorwa byose kugira ngo amafaranga abivuyemo abatalibani bayifashishe mu bikorwa byabo.
Iki gitero cyabaye mu gihe hari izindi raporo zivuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateye amabombe menshi muri Afuganistani, mu mezi cumi ya mbere y’uyu mwaka wa 2018.


