RDC: Ihuriro rya Tshisekedi ntirizemera ko amatora yongera gusunikwa n’umunsi umwe

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro Cap pour le Changement (CACH), rya Felix Tshisekedi ryemeye iyimurwa ry’umunsi w’amatora kuwa 30 Ukuboza, ariko rishimangira  ko ritazemera ko yongera kwimurwa n’umunsi n’umwe.

Imbere y’imbaga y’abashyigikiye iri huriro niho ryatangaje uko ryakiriye iki cyemezo cyo kwegeza inyuma umunsi w’amatora yari ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza.

Umukandida Felix Tshisekedi n’ukuriye ibikorwa bye byo kwiyamamaza, Vital Kamerhe bakaba batumiye itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu nyuma ya saa sita mu kiganiro cyari kimeze nka mitingi ya politiki nk’uko Jeune Afrique dukesha iyi nkuru ivuga.

Mu ijambo rye, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS, Jean Marc Kabund yamaganye igikorwa yise icya Perezida kabila cyo kongera gusunika amatora ngo agume ku butegetsi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uyu yakomeje avuga ko ihuriro ryabo ribaye riteguje Perezida Kabila, ko ritazemera kongera gusubika amatora n’umunsi n’umwe.

Iri hurirro rikaba ryakomeje rishimangira ko rizakomeza ibikorwa byo kwiyamamaza kugeza kuwa 28 Ukuboza saa sita z’ijoro bijyanye n’itegeko rigenga amatora rivuga ko kwiyamamaza bihagarara amasaha 24 mbere y’amatora.

Ni mu gihe ariko Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora, Corneille Nangaa yari yatangaje ko nubwo amatora yigijwe inyuma ibikorwa byo kwiyamamaza byo bitazakomeza.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *