Abayobozi ba Somalia bishe barasiye ku karubanda abicanyi babiri bakoranaga na Al Shabab bari bahamijwe n’urukiko rwa gisirikare icyaha cyo kwica umuyobozi gakondo .
Hassan Ali Hassan w’imyaka 25 na Abdirahman Isse Ali w’imyaka 22, biciwe mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu nk’uko byemejwe n’igisirikare cy’iki gihugu kuri uyu wa Mbere, itariki 07 Mutarama.
Iyi nkuru dukesha Africanews iravuga ko aba basore batawe muri yombi n’igipolisi mu ntangiriro z’Ugushyingo mu 2016 ubwo bageragezaga guhunga bava aho bari bamaze kwicira umuyobozi gakondo witwa Hilowle Heefow Hussein.
Iyicwa ry’aba rikaba rije nyuma y’ibyumweru bibiri na none igisirikare kirasiye ku karubanda uwari kabuhariwe mu guturitsa ibisasu muri Al Shabab witwa Abdul Kadir Shaa’ir nyuma yo gukatirwa n’urukiko rwa gisirikare igihano cy’urupfu. Uyu mugabo w’imyaka 41 akaba yarahamijwe ibyaha byo guturitsa ibisasu ahantu hatandukanye mu 2017.
Igihugu cya Somalia ni kimwe mu bihugu bikeya muri Afurika bigifite igihano cy’urupfu mu mategeko yabyo nubwo bikomeje kwamaganwa n’abaharanira uburenganzira bwa muntu.


