Ugutandukana hagati y’umwe mu bakire ba mbere ku isi, Jeff Bezos n’umugore we, Mackenzie Bezos kugiye gutuma bagabana kabiri miliyari 137 z’amadolari ya Amerika.
Ikinyamakuru TMZ kivuga ko uyu muryango uzasaba gatanya mu Mujyi wa Washington kandi amategeko agenga iby’umutungo akaba avuga ko aba bombi bazagabana bakaringaniza.
Iyi nkuru ivuga ko n’ubwo bimeze bityo, kugabanya umutungo w’uyu mugabo mo kabiri bizagorana kuko uru rugo rufite ubutaka bungana na hegitare 161,874.257.
Uyu muryango ni uwakabiri ufite ubutaka bunini muri Amerika yose.
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Bezos n’umugore we bagiye gutandukana nyuma y’aho uyu mugabo bimenyekanye ko hari undi mugore basigaye bakundana witwa Lauren kuva muri Kamena 2018.
Ubusanzwe ngo Lauren yatandukanye n’umugabo we Patrick Whitesel, wari inshuti y’umuryango wa Bezos mu binyacumi bishize.

Bezos yatangaje ko we nta kibazo afite ku kuba yatandukana na Mackenzie.
Jeff Bezos n’umugore we bashakanye mu 1993 atari abakene ku rwego ruhambaye. Mu 1997, uyu mugabo yari yamaze kugera ku ndoto ze zo kuba umwe mu bakire ku isi.


