Akayabo ka miliyari 137 z’amadolari ya Amerika kagiye kugabanwamo kabiri kubera gatanya
Ugutandukana hagati y’umwe mu bakire ba mbere ku isi, Jeff Bezos n’umugore we, Mackenzie Bezos kugiye gutuma bagabana kabiri miliyari 137 z’amadolari ya Amerika. Ikinyamakuru TMZ kivuga ko uyu muryango uzasaba gatanya mu Mujyi wa Washington kandi amategeko agenga iby’umutungo akaba avuga ko aba bombi bazagabana bakaringaniza. Iyi nkuru ivuga ko n’ubwo bimeze bityo, kugabanya […]
RDC: Babiri bamaze kwicirwa mu myigaragambyo yamagana intsinzi ya Tshisekedi
Abantu babiri kuri uyu wa Kane bishwe barasiwe mu myigaragambyo yamaganaga ibyavuye mu matora by’ibanze yadutse mu gace ka Kikwit, mu Ntara ya Kwilu. Muri iyi myigaragambyo yamagana intsinzi ya Felix Tshisekedi umusore umwe yiciwe hafi ya kiliziya mu gihe undi yiciwe mu gace ka Kikwit ya 3. Abandi benshi kandi bakomeretse. Iyi nkuru dukesha […]
Aaron Ramsey ukinira Arsenal agiye gusanga Cristiano Ronaldo muri Juventus
Umukinnyi wo hagati mu Ikipe ya Arsenal na Pays de Galles, Aaron Ramsey w’imyaka 28, yemeye amasezerano yo kujya muri Juventus, ikipe ubu ikinwamo n’icyamamare muri ruhago, Cristiano Ronaldo. Ikinyamakuru The Guardian gitangaza ko Ramsey azagera mu ikipe ya Juventus muri Nyakanga, mu gihe amasezerano ye mu ikipe ya Arsenal agomba kurangirana na Kamena, uyu […]
Israel: Uwahoze ari minisitiri akurikiranweho kuba intasi ya Iran
Uwahoze ari minisitiri w’ingufu n’ibikorwaremezo wa Israel mu myaka ya za 90, Gonen Segev, ashobora gufungwa imyaka 11 nyuma yo kwemera ko yahaye Iran amakuru ariko agasobanura ko yageragezaga gufasha igihugu cye akazagaruka ari intwari yishushanyije nk’intasi ya Iran. Uyu mugabo w’imyaka 63 wahoze ari minisitiri ndetse mu 2005 akaba yarigeze gufungwa kubera forode no […]
Iki ni ikimenyetso ku Rwanda ko rukwiye kuguma kure y'ibibera muri Uganda- Umusesenguzi Mwambutsya
Umuhanga muri politiki akaba n’umwarimu muri Kaminuza, Mwambutsya Ndebesa avuga ko kuba abofisiye umunani  bo muri Uganda bashinjwa gushimuta no gusubiza impunzi y’Umunyarwanda, Lt Joel Mutabazi iwabo binyuranyije n’amategeko barimo kuburanishwa ari nka gasopo ku Rwanda. Urukiko rwa Gisirikare muri Uganda kuwa Gatatu tariki ya 9 Mutarama 2019 rwakomeje iburanishwa ry’urubanza rw’abapolisi bakuru umunani n’umusirikare […]
Uganda: Umunani barimo ufite ipeti rya Colonel bashinjwe gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda
Abantu umunani bo mu nzego z’umutekano za Uganda kuri uyu wa gatatu bashinjwe icyaha cyo gushimuta no gucyura mu buryo bunyuranyije n’amategeko Umunyarwanda washakaga ubuhungiro muri iki gihugu wahoze mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu mu Rwanda nk’uko byatangajwe n’ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu. Abo bantu umunani barimo Atwooki Ndahura ufite ipeti rya Colonel n’abapolisi […]
Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira
Umucamanza wo mu rukiko rushinzwe gusubiramo imanza mu gihugu cy’u Burundi witwa Egide Nahayo, afungiye muri Gereza ya Mpimba kuva mu byumweru bitatu bishize aho yatawe muri yombi nyuma y’inama nkuru y’ubucamanza yari iyobowe na Perezida Nkurunziza, aho bivugwa ko nyuma y’iyi nama uyu mugabo yigeze intebe ya perezida bikamubyarira ibisusa. Inkuru dukesha urubuga Ubmnews […]
RDC: Umukandida Martin Fayulu aremeza ko amajwi y’Abanyekongo yibwe
Umukandida Martin Fayulu wagize amajwi 34,8% kuri 38,57% ya Felix Tshisekedi, yamaganye iyi mibare yatangajwe na komisiyo y’igihugu y’amatora avuga ko habaye guhirika amatora mu kiganiro yagiranye na RFI amasaha macye hatangajwe ibyavuye mu matora by’agateganyo. Muri iki kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Florence Morice yabajijwe uko yakiriye ibyavuye mu matora byamushyize ku mwanya wa kabiri inyuma […]
Félix Tchisekedi abaye Perezida wa 5 wa RDC, ubusesenguzi- itekinika ryihishwe inyuma na Kabila
Nk’uko bimaze gutangazwa mu kanya gashize na Komisiyo yigenga y’amatora ya DRC ( CENI), F. Tchisekedi niwe watsinze amatora yo ku wa 30/12/2018 n’amajwi angana 7.000.000, akurikiwe na Martin Fayulu n’amajwi 6.400.000 naho Shadary akaza ku mwanya wa gatatu n’amajwi 4.400.000. nubwo F. Tchisekedi atsinze bishobora guhinduka isaha n’isaha bitewe nuko hakekwa itekinika ryihishwemo Kabila. […]
Irene Uwoya akomeje kujarajara mu nkundo n'abasore bakiri bato -Amafoto
Irene Uwoya [Oprah] wahoze ari umugore wa Ndikumana Katauti ndetse na Dogo Janja baherutse gutandukana mu mutuzo ahararanye n’undi musore w’imyaka 22. Mu gihe hashize mike urukundo rwa Irene Uwoya n’umuraperi Dogo Janja ruyoyotse bitewe ahanini no gukekana amababa, Ubu uyu mugore aravugwa mu rukundo rushya n’umuhanzi ukiri muto witwa Kayumba Juma w’imyaka 22, wamamaye […]
Abadepite barashaka kurega Bobi Wine bitewe n’indirimbo ye
Abadepite bo muri Uganda batangaza ko bagiye kugeza mugenzi wabo, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine mu nkiko kubera aherutse gushyira hanze yitwa ‘Tuliyambala Engule’. Ku ikubitiro , indirimbo ‘tuliyambala engule’ ari byo kuvuga ngo tuzambara ikamba ry’insinzi yarwanyijwe n’abapasiteri bavugaga ko Bobi Wine yavanze iby’Imana n’ibya Kayizari. Abadepite bavuga ko baaragana inkiko bitewe n’uko […]
Abafatanyabikorwa mu butabera biyemeje guhuriza hamwe imbaraga mu nyungu z’abaturage
Abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubutabera nka minisiteri y’ubutabera n’imiryango ya sosiyete sivile baravuga ko kuri ubu bagiye gutahiriza umugozi umwe no kurushaho guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo batange umusanzu ku byibanze igihugu gikeneye mu butabera. Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ikaba ivuga ko imikoranire itanoze hagati ya sosiyete sivile n’inzego za Leta idindiza ikemurwa ry’ibibazo abaturage bafite. Ibi […]
Rusizi: Barasaba ubutabazi kubera amazi mabi banywa
Abaturage b’utugari twa Cyarukara na Gakoni mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi, baratabaza ubuyobozi bw’akarere nyuma y’ukwezi kurenga banywa bakanakoresha amazi mabi cyane y’umugezi wa Rubyiro. Bavuga ko barangije umwaka banatangira undi nabi  cyane kubera kubura amazi yo kunywa no gukoresha imirimo y’isuku, ku buryo ngo n’amafunguro y’iminsi mikuru ya Noheli n’ubunani bayariye […]
Abakobwa biga kuri APPEKA Kabarondo barataka ihohoterwa ry’igitsina bakorerwa n’abarezi babo
Abakobwa biga ku Ishuri Ryisumbuye rya APPEKA Kabarondo riri mu Karere ka Kayonza baratabaza ubuyobozi bitewe n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bavuga ko bakorerwa n’abarezi babo. Umwe muri aba bakobwa utashatse ko amazina ye atangazwa waganiriye na Bwiza.com yemeje ko yakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’Umuyobozi w’Ishuri, Gilbert Nkurunziza kuva mu 2016 ubwo yazaga kwiga kuri […]
Uganda: Stella Nyanzi yabwiye umucamanza ko inda yari atwite yaviriyemo muri gereza
Dr Stella Nyanzi wahoze ari umushakashatsi muri Kaminuza ya Makerere mu gihugu cya Uganda, yabwiye umucamanza w’Urukiko Rukuru ko inda yari atwite iherutse kuviramo muri Gereza ya Luzira afungiwemo, akurikiranweho icyaha cyo gutuka umukuru w’igihugu. Nyanzi uvuga ko afite ikibazo cy’umuvuduko w’amaraso, kuri uyu wa Gatatu yageze imbere y’umucamanza, Lydia Mugambe hagiye kumvwa urubanza rwe […]
Diane Rwigara akomeje politiki mu gihe nyina akajije amasengesho
Aho ubushinjacyaha bw’u Rwanda buhagarikiye gukurikirana abo kwa Rwigara, Diane Rwigara avuga ko agiye gukomeza politiki mu gihe ngo na nyina akomeje gukaza amasengesho. Ubushinjacyaha bwari bwatanze ubujurire ku wa 27 Ukuboza 2018, bujuririra icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwo kurekura Diane Rwigara na nyina, Adeline Mukangemanyi. Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin aganira na VOA, yavuze […]
Kicukiro: Abanyerondo babiri bafashwe bakira ruswa y'ibihumbi 15
Abagabo babiri bo mu murenge wa Masaka mu karere ka Kicukiro b’abanyerondo bafashwe bakira ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi cumi na bitanu (15000 frw) kugira ngo bareke umuturage y’ubake mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Kuri uyu wa 08 Mutarama, nibwo Nsabimana Innocent w’imyaka 26 y’amavuko na Itangishaka Amos w’imyaka 27 bafashwe ubwo basangaga Ndamage yubaka urugo […]
Félix Tshisekedi Tshilombo , Perezida Mushya wa Congo-Kinshasa
Bwa mbere mateka y’igihugu kinini kurusha ibindi byose muri Afurika, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umukandida w’uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi atsindiye kuyobora iki gihugu, binyuze mu nzira z’amatora. Felix Tshisekedi w’imyaka 55 , Umuhungu wa Etienne Tchisekedi wabaye impirimbanyi ya politiki ikomeyue cyabne uri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, niwe wegukanye umanya w’umukuru w’igihugu, mu […]