Hon. Bernard Makuza yitabiriye irahira rya perezida mushya wa Madagascar

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Senat, Bernard Makuza, ni umwe mu bayobozi bitabiriye irahira rya Perezida mushya wa Mmadagascar, Andry Rajoelina kuri uyu wa Gatandatu, mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame. Hon. Makuza akaba yarageze muri Madagascar kuwa Gatanu aho yakiriwe na visi perezida wa Senat y’iki gihugu.

DxTYqAeWoAUqfQP
Hon. Bernard Makuza na Perezida Rajoelina nyuma yo kurahira

Mu ijambo Perezida Rajoelina yavuze amaze kurahira, yijeje kurwanya ruswa mu gihugu, aho ngo politiki na business usanga bivangwa cyane.

Rajoelina akaba yaratsinze amatora yo mu Ukuboza mu cyiciro cya kabiri yari ahanganyemo na Marc Ravalomanana nawe wigeze kuyobora iki gihugu. Rajoelina yari yarabanje kuyobora Madagascar kuva mu 2009 kugeza mu 2014 nyuma y’uko yari yashyizwe ku butegetsi n’igisirikare cyari kimaze guhirika Ravalomanana.

Mu ijambo rye nyuma yo kurahirira imbere y’abacamanza icyenda b’urukiko rurinda iitegeko nshinga kuri Stade yo mu murwa mukuru Antananarivo Rajoelina yagize ati: “ Nta muntu n’umwe uzaba hejuru y’amategeko, tuzagarura indangagaciro z’iyubahirizategeko ,”

DxTYqPfX4AEYExt
Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat na Hon. Bernard Makuza

Uyu mugabo kandi yijeje kuzahura ubukungu bw’iki gihugu kimwe mu bikennye cyane, avuga ko “ Tuzubaka inganda muri buri murwa w’intara mu guhanga imirimo .”

Umuhango w’irahira rya Perezida Andry Rajoelina witabiriwe kandi na Perezida wa Namibia, Hage Geingob, uwa Zambia, Edgar Lungu, ndetse na Nicholas Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa.

DxTYsteWoAAx5Tv

Muri aya matora Andry Rajoelina yabashije kwegukana amajwi 55,7%, mu gihe mugenzi we Marc Ravalomanana yagize 44,3% akabanza kunenga ibyavuye mu matora ariko nyuma akemera ko yatsinzwe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *