Michael Cohen wigeze kuba umwunganizi mu mategeko wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yanze kwitaba inteko ishinga amategeko nk’uko byari biteganyijwe kuwa 07 Gashyantare, aho umwunganizi we nawe kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko umutekano we n’uw’umuryango we biri mu kaga kubera iterabwoba rya Perezida Trump.
Umunyamategeko Lanny Davis kandi avuga ko indi mpamvu ari uko Cohen akomeje kwitaba umunyamategeko udasanzwe, Robert Mueller, mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu guhungabanya amatora y’umukuru w’igihugu yo mu 2016 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Byari biteganyijwe ko Cohen azitaba itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko rigenzura ibikorwa bya guverinoma riri gukora iperereza ku mafaranga Perezida Trump yaba yarahaye abagore bagiranye ibihe byiza kugirango ntibazamuvemo bikamubuza guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu.
Perezida Donald Trump ariko we nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ikomeza ivuga, ahakana ko nta mugore bigeze bacudika hanze y’urugo rwe.


