Umunyamategeko w’icyamamare w’Umubiligi, Bernard Maingain, Umwanditsi w’Umurundi, David Gakunzi, ndetse na Televiziyo France 3 kuri uyu wa Kane, itariki 24 Mutarama 2019 bagejejwe imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Paris kubera icyaha cyo gusebanya bakurikiranweho nyuma y’inkuru bakoze ku Burundi yatambutse kuwa 13 Mutarama 2016 kuri France 3, aho bagomba gusubiza ibirego bibashinja guharabika Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza.
Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ivuga ko iyo Bernard Maingain ahagurutse abaturage bongera guhumeka. Bivugwa ko ari umugabo wigaragaza cyane atari ukubera igihagararo cye gusa, dore ko apima metero 1,90, ariko ngo ari n’umuntu wubashywe kandi utajya uhwema kurwanya jenoside mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Mu 2015 mu gihe ibintu byari bikomeye mu Burundi, by’umwihariko mu murwa mukuru Bujumbura, uyu munyamategeko wakunze kunenga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza yaje kwakira amafoto agaragaza ubwicanyi bwari burimo burakorwa.
Nyuma yaje kubona video y’ubwicanyi byavuzwe ko bwari buri gukorerwa ahitwa Karuzi mu Burundi, aho ngo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari bibasiwe, agereranya ubwo bwicanyi na jenoside, ariko nyuma yo gusuzuma iyo video bigaragara ko ururimi rwavugwaga n’abayigaragaramo ari Igi-Haussa kivugwa mu burengera bwa Afurika.
Bucyeye bwaho France 3 yahise isiba iyi video ku mbuga zayo zose, ubuyobozi bwa Perezida Nkurunziza nabwo buhita butanga ikirego burega iyi televiziyo guharabika.
Ku ruhande rw’umwanditsi David Gakunzi, we akurikiranweho kuba yaragize ibyo avuga kuri iyi video avuga ko buri munsi mu Burundi abasore bashimutwa bagakorerwa iyicarubozo, nyuma bakicwa kandi ngo bigakorwa n’Imbonerakure n’abashinzwe kurinda Perezida Nkurunziza.
Biteganyijwe ko uru rubanza rwatangiye kuri uyu wa Kane rurangira kuri uyu wa Gatanu, itariki 25 Mutarama, aho Bernard Maingain na David Gakunzi bunganirwa na Me Léon Forster, naho Delphine Ernotte Cunci, Perezidante wa France 3 n’umunyamakuru Luc Lagun-Bouchet bunganirwa na Me Jean Castelain, mu gihe Guverinoma y’u Buruundi yatanze ikirego yunganirwa na Me Arthur Verecken na Me Delphine Meillet.


