Masisi: Imirwano imaze iminsi itatu yaguyemo abagera kuri 14 abandi benshi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abantu 14 barishwe abandi benshi barakomereka mu mirwano yahuje kuva kuwa Kane kugeza kuri uuyu wa Gatandatu mu gitondo inyeshyamba za NDC- Rénové  uyoborwa na Guidon ndetse n’ihuriro ry’abarwanyi ba Nyatura n’aba APCLS iyoborwa na Janvier Kalahiri.

Amakuru aturuka mu gipolisi cya Kitchanga aremeza ko iiyo mirwano yabereye mu duce twa Shimbisha, Kalungu naNyabura, muri groupement ya Bashali Mokoto muri Teritwari ya Masisi, ho muri Kivuu y’Amajyaruguru.

Amakuru ava mu gipolisi cya Congo aravuga ko imirwano yo kuwa Gatanu ahagana saa tanu z’ijoro ahitwa Shambisha hagati y’iyi mitwe, yakomeje ikagera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo kuwa Gatandatu igeze ahitwa Lukweti.

Imibare iravuga ko abantu batanu bapfuye, barimo abarwanyi batatu na NDC, umurwanyi umwe wa APCLS, n’umusivili w’imyaka 45 wishwe n’isasu ryayobye. Abantu batanu bakomeretse, barimo abarwanyi batatu ba NDC-R n’abandi babiri ba APCLS, bajyanywe ku ivuriro rya Nyabiondo no ku bitaro bya Masisi.

Aya makuru akomeza avuga ko indi mirwano yahuje NDC- Rénové n’abarwanyi ba Nyatura bayobowe na Nzayi yumvikanye kuwa Kane muu gace ka Kalungu muri groupement ya Bahali-Mokoto. Nta muntu wapfuye ariko hari abakomeretse bajyanywe ku ivuriro rya Kasenyera.

Indi miirwano yabaye kuwa Gatanu hagati ya NDC- Rénové  n’abarwanyi ba Nyatura bafatanyije na APCLS ahitwa Nyabikeri. Radio Okapi dukesha iyi nkuru ikavuga ko muri mirwano haguye abantu icyenda.

Umuvugizi wa region ya 34 y’ingabo za FARDC akaba yari aherutse gutangaza ko hakomeje ibikorwa byo guhiga imitwe yose yitwaje ibirwanisho ikigaragara muri ibi bice.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *