Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), biri gutekereza gushyiraho ibigo byo hanze y’u Burayi bizajya byakira abimukira banze guhabwa uburenganzira bwo kuba ku mugabane w’u Burayi, aho u Rwanda na Uzbekistan biri mu bihugu byatekerejweho nk’ibishobora gushyirwamo ibyo bigo.
Ikinyamakuru POLITICO kivuga ko abadipolomate batatu b’i Burayi bemeje ko hari ibiganiro hagati y’ibihugu bimwe bigize EU byo kohereza muri ibyo bihugu abantu baba baranze ubusabe bwabo bwo guhabwa ubuhungiro.
Iyi gahunda izwi nka ‘return hubs’ ugamije gushyiraho ibigo bizajya bicumbikira abimukira baba bakoresheje inzira zose z’amategeko zo gusaba kuguma i Burayi ntibikunde, bikaba ngombwa ko bagasigara bategereje gusubizwa mu bihugu byabo.
POLITICO yatangaje ko ibihugu nka Denmark, Autriche, u Bugereki, u Budage n’u Buholandi biri mu byashyize imbere iki gitekerezo, bikaba byifuza ko amasezerano ya mbere yatangira kugerwaho muri uyu mwaka wa 2026, kugira ngo ibyo bigo bitangire gukora mu 2027.
Iki gitangazamakuru kivuga ko EU yamaze gushyira amafaranga menshi mu mibanire n’u Rwanda, aho kivuga ko mu 2023 yatangaje ishoramari rya miliyoni 900 z’amayero (arenga Frw miliyari 1,500) binyuze muri gahunda yayo izwi nka ‘Global Gateway’.
Ayo mafaranga icyakora ntabwo yatanzwe ku bijyanye n’ibigo by’abimukira; ni igice cy’imishinga n’ubufatanye rusange hagati ya EU n’u Rwanda.
Ku ruhande rwa Uzbekistan, EU yatangaje ko yahaye icyo gihugu inkunga ya miliyoni 119 z’amayero.
Abashyigikiye gahunda ya ‘return hubs’ bavuga ko ishobora gufasha EU gucunga neza ikibazo cy’abimukira no koroshya gusubiza abatemererwa kuba i Burayi mu bihugu byabo.
Ariko abatavuga rumwe na yo ku rundi ruhande bo bibaza niba uburenganzira bwa muntu buzubahirizwa.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) i Bruxelles, Jean-Nicolas Beuze, yavuze ko hari impungenge ko bamwe mu bimukira bashobora koherezwa ahantu hashobora kubashyira mu kaga.
Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa we yavuze ko atizeye niba ibigo nk’ibi bihuye n’indangagaciro z’u Burayi.
EU yongeye gutekereza kuba yakohereza abimukira mu Rwanda, mu gihe u Bwongereza bwigeze gutegura gahunda yo kurwoherezamo abasaba ubuhungiro, ariko ikaza guhagarikwa nyuma y’imanza n’impaka za politiki.
U Butaliyani na bwo bwahuye n’ibibazo mu mugambi wo gushyira ibigo by’abimukira muri Albanie.
Kugeza ubu, nta masezerano ya nyuma aragerwaho hagati ya EU n’u Rwanda kuri iyi gahunda, kuko ibiganiro bikiri mu rwego rwa politiki na dipolomasi.


