Perezida w’u Burusiya, Vladimir Poutine kuri uyu wa Gatandatu, itariki 02 Gashyantare, yatangaje ko igihugu cye kivuye mu masezerano yo guhagarika icurwa ry’intwaro za kirimbuzi nyuma y’aho Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zikuye muri aya masezerano yashyizweho umukono mu 1987 na Perezida Ronald Reagan na Mikhail Gorbatchev yari agamije gusenya missiles zose ibi bihugu bitunze ziraswa kure mu ntera iri hagati ya km 500 na km 5500.
Ibi Perezida Vladmiir Poutine yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu mu nama yagiranye n’abaminisitiri be b’ububanyi n’amahanga n’uw’ingabo. Yasabye minisitiri Sergue௠Lavlov na Sergue௠Choà¯gou ko u Burusiya butazongera kugirana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika amasezerano yo gusenya izo ntwaro.
Iyi nkuru dukesha RFI iravuga ko mu ntangiriro z’Ukuboza umwaka ushize ari bwo Amerika yahaye u Burusiya iminsi 60 yo gusenya missiles zayo nshya ziraswa kure, Umuryango wa OTAN wavugaga ko zinyuranya n’ayo masezerano.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba zarahise zitangira inzira yo kwikura mu masezerano zasinye mu 1987 nyuma y’aho u Burusiya bwamaganye ibyo bwashinjwaga ahubwo bugashinja Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuba ari zo zarenze ku masezerano.


