Ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23 butangaza ko nta murwanyi wayo watashye ava muri Uganda, ndetse ko nta n’ufite gahunda yo gutaha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe ibyo barwanira bitarakemuka.
Mu itangazo ryashyizweho umukono n’umunyamabanga mukuru wa M23, Mbonimpa Benjamin, avuga ko amakuru avuga ko hari abarwanyi ba M23 bagera kuri 67 bakiriwe n’ingabo za Leta ya Congo, ku kibuga cy’Indege cya Goma, bava muri Uganda, atari yo.
Muri iri tangazo, M23 isobanura ko abatashye atari abarwanyi bayo, ahubwo ko ari abaturage b’abanye- Congo babaga muri Uganda batashye hamwe n’abandi bahoze mu mitwe y’inyeshyamba z’abanyamahanga, aba ngo ntaho bahuriye na M23.
Abatashye ngo babarizwaga mu Nkambi ya Gihanga, bakaba barageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa 26 Gashyantare 2019. Ngo bakaba baremerewe amafaranga ndetse banasezeranywa kuzinjizwa mu gisirikare cya Leta (FARDC).
Ni kenshi abahoze mu nyeshyamba za M23 bagiye bitangariza ko batatsinzwe urugamba mu mwaka wa 2013, bashimangira ko bashyize intwaro hasi, ko isaha ku isaha bakubura imirwano.
Umwe mu bayobozi ba M23 uri mu bahungiye mu Rwanda, yatangaje ko ‘iyo ugiye kwica inzoka uyimenagura umutwe, ko utayikubita ku murizo’ ashaka kugaragaza ko M23 ikiriho isaha ku isaha yakubura imirwano.
Mu mpera z’umwakwa wa 2013, Nibwo M23 yahagritse imirwano bamwe bahungira muri Uganda abandi bagana mu Rwanda.



