Ushinjwa kwiba amabanga y’Amerika yatawe muri yombi.

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 11 Mata, umwe mu bashinze urubuga rwa WikiLeaks w’umunya-Australia, Julian Assange yatawe muri yombi na polisi yo mu Bwongereza, mu murwa wa Londre. Ni nyuma yo gushinjwa ibyaha byo kwiba amwe mu mabanga ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Assange wari warahawe ubuhungiro muri Ambasade ya Equateur iri mu Bwongereza kuva mu 2012, yaje kubwamburwa ahita afatirwa aho.

Amakuru aturuka muri Minisiteri y’Ubucamanza y’Amerika arashinja Assange kwiba amabanga y’igihugu bifashishije ikoranabuhanga, afatanyije n’umwongereza wakoraga mu rwego rw’iperereza, Chelsea Manning washyize amakuru menshi y’ibanga kuri uru rubuga.

Lenin Moreno, umukuru w’igihugu cya Equateur yatangaje ko bari barambiwe gucumbikira Assange kubera ko yashinjwaga gutunga ibyuma by’ikoranabuhanga bitemewe, guhagarika ibyuma by’umutekano bifata amashusho, gukorera urugomo abarinzi ba ambasade no kwiba amabanga y’iyi ambasade.

Inkuru dukesha Ijwi ry’Amerika iravuga ko polisi y’Ubwongereza yafashe Assange ibisabwe na Leta y’Amerika, mu gihe WikiLeaks yo ibicishije ku rubuga rwa Twitter yatangaje ko Assange yambuwe ubuhungiro mu buryo budakurikije amategeko mpuzamahanga.

Urubuga rwa WikiLeaks rumaze igihe kinini rushinjwa kwinjirira no kwiba amabanga y’ibihugu bitandukanye birimo ibi Perezida Moreno na Leta y’Amerika birushinja.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *