Misiri: Babyukiye mu matora ya referandumu ashobora kuzatuma Sisi ayobora kugeza mu 2030

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Mata, Abanyamisiri babyukiye mu matora ku ihindurwa ry’itegeko nshinga ashobora kuzatuma Perezida Abdel Fattah al-Sisi aguma ku butegetsi kugeza mu 2030.

Abashyigikiye Perezida Sisi bavuga ko impinduka mu itegeko nshinga ari ngombwa kugirango ahabwe igihe cyo kurangiza imishinga y’ingenzi n’amavugurura y’ubukungu. Abamunenga bo baravuga ko imbaraga nyinshi bari kuzirunda kuri Sisi ari nako bagarura Misiri mu butegetsi bw’igitugu.

Mu gihe rero benshi biteze ko itegeko nshinga rizavugururwa, ababikurikiranira hafi bo bavuga ko ibizava mu matora bizagaragaza ukuntu Sisi akunzwe mu gihe ubutegetsi bwe bwugarijwe n’ibibazo by’ubukungu kuva mu 2016.

Mu gihe rero Itegeko Nshinga rya Misiri ryaba rihinduwe, manda Perezida Sisi arimo kuri ubu yakongerwa ikavanwa ku myaka 4 ikageza ku myaka 6, ndetse bikamuha uburenganzira bwo kuzahatana mu matora yo mu 2024 nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru ivuga.

Umukuru w’igihugu kandi yahabwa ububasha bwo gushyiraho abayobozi b’abacamanza n’abashinjacyaha ba leta. Igisirikare kandi ngo kizasabwa kurinda itegeko nshinga na demokarasi n’ubusugire bwacyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *