Nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rweretse abanyamakuru Callixte Nsabimana uzwi nka ‘Major Sankara’, ishyaka MRCD rifite umutwe witwara gisirikare yari abereye umuvugizi ryatangaje ko rikemanga uyu muhango, rigatangaza ko ritizeye neza ko akiri muzima, haba mu mutwe no mu mubiri.
Mu itangazo BBC itangaza ko iri shyaka ryasohoye kuri iki cyumweru tariki ya 19 Gicurasi 2019, MRCD ivuga ko yakurikiranye iki gikorwa cyabaye kuwa Gatanu ariko ikaba ‘ikemanga bikomeye uko uwo muhango wagenze’.
Iri tangazo ngo ryashyizweho umukono na Paul Rusesabagina uyobora iri shyaka MRCD rirwanya Leta y’u Rwanda. Rikaba rigira riti “Sankara yarerekanywe nk’umutumba w’insina afatiriwe n’ingufu nyinshi ku buryo atashoboye no kubumbura umunwa ngo asuhuze abari aho, kandi ijambo rye ari ryo ryonyine ryashoboraga kwerekana ko akiri muzima mu mutwe no ku mubiri”.
Iri shyaka MRCD niryo ryatangaje ko Sankara yasimbujwe Capitaine Herman Nsengimana ku buvugizi bw’umutwe wa FLN uvuga ko urwanira mu ishyamba rya Nyungwe mu Majyepfo y’Uburengerazuba bw’igihugu.
Ku itariki 30 Mata 2019 nibwo byatangajwe ko Sankara yafashwe ndetse ari mu maboko ya RIB, bishimangirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Sezibera Richard mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru.
Yagaragaye nk’umuntu umeze neza, yambaye ishati y’ubururu, ipantaro ya kaki ndetse n’amarineti y’izuba aherekejwe n’abapolisi .
Muri iri tangazo rya MRCD, Â ivuga ko yakiriye neza MoĂ ÂŻse Nkundabarashi umwunganizi wa ‘Maj Sankara’ mu mategeko, na we witangarije itangazamakuru ko Sankara ari we wamwihitiyemo ngo amwunganire.
Mu gihe iri shyaka yavugiraga rivuga ko ritizeye ko Sankara ari muzima haba ku mubiri no mu mutwe, Me Nkundabarasi yagize ati “Njyewe icyo nabwira itangazamakuru nuko umukiriya wanjye afunze mu buryo bukurikije amategeko. ndetse n’ibyo umuntu wese ukurikiranwe n’ubugenzacyaha akenera, arabibona”.
RIB yatangaje ko Sankara yafashwe ku itariki 13 Mata 2019, ariko ntiyavuga aho yafatiwe.


