RDC: Abaturage bakwiriye imishwaro bahunga ibitero bigabwa n’inyeshyamba zirimo Abarundi

Sangiza iyi nkuru

Abaturage basaga ibihumbi 20 bavuye mu byabo bakwira imirwano bahunga ibitero byagabwe n’inyeshyamba za Maà¯-Ma௠zirimo n’abarundi. 

Igitero cyagabwe ku wa Gatandatu tariki ya 18 Gicurasi 2019, mu duce twa tulambo, marunde, rinjanja na itombwe, turi muri Teritwari ya Mwenga, muri Kivu y’Amajyepfo. Bitangazwa ko inyeshyamba za Maà¯-Ma௠arizo zagabye iki gitero.

Nk’uko SOS Medias/Burundi ibitangaza, ngo Maà¯-Ma௠ivugwaho cyane gukorana n’abantu bavuga Ikirundi, igitero bagabye ngo bakaba batwitse inzu z’abaturage, biba amatungo arimo inka,…

Ubuyobozi muri iyi Teritwari butangaza ko abaturage basaga ibihumbi 20 bakwiriye imishwaro, bahunga imirwano y’inyeshyamba ngo imaze ibyumweru bibiri iba.

Sosiyeti Sivile ivuga ko aka gace gakomeje kuzongwa n’imirwano, aho ivuga ko hari n’izindi nyeshyamba za Kayumba Nyamwasa na Gumino. Abaturage bafatanyije na Sosiyeti Sivile bagasaba igisirikare cya Leta kugaba ibitero byo kwambura intwaro izi nyeshyamba.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *