Ku cyumweru tariki ya 19 Gicurasi 2019, nibwo ubuyobozi bw’u Burundi bwemeje ko ikirombe cya Coltan kiri mu Majyaruguru y’iki gihugu cyagwiriye abacukuzi hagapfa icyenda abandi 20 bagakomereka.
Iyi mpanuka yabaye ku wa Gatandatu ahitwa Kabarore, ubuyobozi buvuga ko yatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa. Mu bakomeretse, bane bamerewe nabi cyane mu bitaro.
Ubuyobozi muri aka gace byabereyemo bwatangarije AFP ko kugeza ku wa Gatandatu, abatabazi bo mu nzego za Leta bafatanyije n’abo mu muryango utabara imbabare bari bakigerageza kurokora abagwiriwe n’ikirombe.
Kabarore iherereye mu Ktara ya Kayanza mu Majyaruguru y’u Burundi, kuri kilometero 90 uvuye mu murwa mukuru wa Bujumbura.
Muri aka gace hari ibirombe byinshi bya Coltan, amabuye y’agaciro akoreshwa cyane mu gukora za telefone zigezweho n’amabuye ya tin na tungsten.
AFP ivuga ko impanuka nk’izi zikunze kuba hano, ariko abayobozi bagasabwa kwirinda kuzitangaza.


