Uganda: Abicanyi bari imbere mu nzego z’umutekano na guverinoma — Minisitiri Nantaba

Sangiza iyi nkuru

Abantu bitwaje imbunda bica abayobozi muri Uganda ntabwo ari abo mu mutwe wa ADF nk’uko Igipolisi kivuga, ahubwo ngo ni abakozi b’inzego z’umutekano nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Idah Nantaba.

Ibi Nantaba yabitangarije Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi rya Bukolooto mu mujyi wa Kayunga muri iyi weekend ishize aho yagize ati: “Ukuri nuko abicanyi bari imbere mu nzego z’umutekano na guverinoma.”

Minisitiri Nantaba avuga ko abategura ubwo bwicanyi aria bantu bari mu nzego zo hejuru muri guverinoma no mu nzego z’umutekano avuga ko badakorwaho.

Yagize ati: “Nk’Abagande, dufite ibibazo bisaga 10,000 ku muntu uhitamo Umugande ugomba kwicwa nk’inkoko. Naringiye gukurikira ariko Imana irantabara.”

Aha Minisitiri Nantaba akaba yakomoje ku byabaye kuwa 24 Werurwe ubwo polisi yarasaga uwitwa Ronald Ssebulime ashinjwa kumukurikirana ngo ashaka kumwica.

Igipolisi icyo gihe cyabanje kuvuga ko uyu mugabo yishwe afite imbunda arimo kurasana n’abashinzwe umutekano nyuma yemera ko abapolisi bacyo bishe umugabo w’imyaka 40 wari utuye mu Karere ka Wakiso ubwo yari mu nzira ajya kureba abakobwa be babiri biga ku Ishuri Ryisumbuye ryitiriwe Mutagatifu Andereya riri mu Karere ka Kayunga.

Minisitiri Nantaba yakomeje abwira abakirisitu bagenzi be b’Abadivantisti ko yatunguwe no kumva umwe mu bo mu nzego zo hejuru z’umutekano wifuzaga ko yicwa azamurwa mu ntera.

Hon nantaba huging some of hrtr supters

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga ko Nantaba nta mazina yavuze, bituma Guverinoma n’igipolisi babaza impamvu atatanze ikirego.

Ofwono Opondo, Umuvugizi wa Guverinoma ati: “Ntacyo byamufasha kuvuga indimi. Agera kuri perezida, Umukuru w’Igipolisi n’umugaba w’ingabo, ntashobora kutubwira ko igisirikare cyose gishaka kumwica,”

Ku ruhande rwa Polisi, umuvugizi wayo, Fred Enanga, nawe yavuze ko nta kirego bigeze bagezwaho na minisitiri Nantaba ku mutekano we, akavuga ko bibabaje kuba abivuga mu itangazamakuru.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *