Caporal Alexis Ndihokubwayo wari u musirikare w’u Burundi yarashwe n’umupolisi mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira iryo ku wa Kane tariki ya 23 Gicurasi 2019, ahita apfa.
A lexis yarasiwe ku muhanda w’igihugu nimero ya cyenda, mu mujyi wa Bujumbura, akaba yari umwe mu basirikare bari bagize batayo ya gisirikare ya 47, yari imaze igihe gito ikubutse mu butumwa bw’amahoro muri Somalia.
Abaturage baganiriye n’ikinyamakuru cya RPA, bo muri zone ya Muzinda, Komini Rugazi, bavuga ko uwo musirikare yarashwe n’umwe mu barinda umushinjacyaha mukuru mu Ntara ya Bubanza.
Bavuga ko Caporal Alexis Ndihokubwayo yari atwaye imodoka yambaye imyenda ya gisivile, ngo yaje guhagarikwa n’umushinjacyaha mukuru, Emmanuel Ngomirakiza, arinzwe n’abapolisi, amushinja kugendera ku muvuduko ukabije, bahera ubwo bajya impaka.
Ubwo impande zombi zari zikomeje guharira, ngo nibwo umwe mu barinzi b’umushinjacyaha yahise amurasa isasu mu kico ahita apfira aho. Abaturage bakavuga ko urupfu rw’uyu musirikare rushobora kuba rwarimo akagambane.
Iki kinyamakuru gikomeza gitangaza ko umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano, Pierre Nkurikiye, yemeje aya makuru, akavuga ko Alixis yarashwe nyuma yo gutuka umushinjacyaha mukuru mu Ntara ya Bubanza ndetse no gushaka kwambura imbunda umwe mu bari bamurinze.


