Sudani: Hateguwe indi myigaragambyo ikaze y’iminsi ibiri yo gusaba igisirikare kurekura ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Abigaragambya mu gihugu cya Sudani kuri uyu wa kabiri batangiye imyigaragambyo rusange ikaze y’iminsi ibiri yo gushyira igitutu ku gisirikare kiyoboye igihugu muri iki gihe ngo gihe abasivili ubutegetsi.

Iyi myigaragambyo biravuga ko yahejeje abagenzi babarirwa muri magana ku Kibuga cy’Indege cya Khartoum mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’aho ihuriro Alliance for Freedom and Change ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, risabiye abapilote bakomoka muri Sudani kugira uruhare muri iyi myigaragambyo.

Abayobozi b’abari mu myigaragambyo ndetse n’uruhande rwa gisirikare ruyoboye igihugu kuva rwahirika perezida Omar Al-Bashir ku butegetsi bananiwe kumvikana ku byo batumva kimwe ku ruhande rugomba kuyobora igihugu hagati y’abasirikare n’abasivili.

Siddiq Farukh umuyobozi w’abigaragambya avugana na AFP, yavuze ko umuhamagaro wo kwigaragambya witabiriwe kurusha uko bari babyiteze.

Iyi myigaragambyo y’iminsi ibiri ngo igamije guha ubutumwa isi yose ko abaturage ba Sudani bashaka impinduka za nyazo kandi ko badashaka ko ubutegetsi buguma mu biganza by’abasirikare.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *