Mu Buholandi, ubwo amakipe ya Herkemase Boys na Hoek yakinaga kuri uyu wa gatandatu, umusifuzi yatsinze igitego atewe umupira, aracyemeza.
Abakinnyi ba Herkemase Boys bari bazi ko iki gitego bari bamaze gutsindwa kitemezwa batunguwe ndetse bajya impaka n’umusifuzi. Keretse ko bari birengagije amategeko ya FIFA agenga umupira w’amaguru.
Mu mashusho yashyizwe ku rubuga rwa Twitter, uyu musifuzi yitwa Maurice Paarhuis. Agaragara ajya mu rubuga rw’amahina, ubwo Herkemase yari yokejwe igitutu. Abakinnyi b’iyi kipe bagerageje kugarira ariko Rik Impens wa Hoek asubizamo umupira watewe uyu musifuzi ku kuguru imbere, ukomereza mu izamu. Bari bageze ku munota wa 66 w’umukino.
Uyu musifuzi ntiyari kwanga iki gitego kuko iyo abikora yari kuba anyuranyije n’amategeko amugenga.
Â


