Abantu babiri bakomerekeye mu gitero cy’abitwaje intwaro cyagabwe mu ijoro ryo kuwa gatatu rishyira kuwa Kane mu Nkambi y’Impunzi ya Nduta mu gihugu cya Tanzania, aho bivugwa ko hanibwe amafaranga ataramenyekana umubare.
Abantu babiri bakomerekeye muri iki gitero babaga mu mudugudu wa 8 muri Zone 11 no mu Mudugudu wa 30 muri Zone ya 13. Kuri ubu barimo kwitabwaho n’Abaganga Batagira Umupaka (MSF) bakorera muri iyi nkambi icumbikiye impunzi z’Abarundi.
Iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi iravuga ko abagabye iki gitero bagishakishwa na polisi.
Igitero cyo muri Zone ya 11 ngo cyagabwe nka saa mbiri z’ijoro, mu gihe icyo muri zone ya 13 cyabaye saa sita z’ijoro ku isaha yo muri Tanzania. Hanibwe amafaranga hataramenyekana umubare.
Biravugwa ko ibice byagabwemo iki gitero biri hafi y’ishyamba kimeza. Impunzi zikaba zibuzwa kujya muri iri shyamba kubera umjutekano mukeya urirangwamo muri iyi minsi.
Inzego z’umutekano za Tanzania zo zijeje impunzi ko ziri guhiga bukware abagabye ibyo bitero, mu gihe impunzi zo zivuga ko zirambiwe ibitero bya hato na hato zigabwaho n’abantu bavuga Ikirundi.
Iyi nkuru ikaba isoza yibutsa ko buri cyumweru mu nkambi ya Nduta humvikana ibitero birenze bibiri by’abantu bitwaje intwaro.


