RDC: FARDC yeretse abaturage imirambo 23 y’inyeshyamba zikomoka muri Uganda yishe

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) cyeretse abaturage imirambo y’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda. Izi nyeshyamba 23 zishwe ubwo zakozanyagaho n’izi ngabo za Leta muri Teritwari ya Beni zagize nk’akarima kazo.

Ku wa Kane tariki ya 30 Gicurasi 2019, nibwo FARDC yagaragaje iyi mirambo 23 mu gace ka Ngite, kari mu bilometero 15 uvuye mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru ya Beni, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko ikinyamakuru Actualitecd kibitangaza, ngo iyi mirambo yazanwe mu ikamyo ya gisirikare (KAMAZ), igezwa aho yahambwe, abaturage bahururira kuza kuyireba dore ko izi nyeshyamba zigaruka muri za raporo zitandukanye zishinjwa kwica, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, ubusahuzi n’ibindi bikorwa bihutaza uburenganzira bwa muntu muri iyi teritwari ya Beni.

Umwe mu baturage bo muri Beni yagize ati “Turashimira cyane FARDC ku bw’aka kazi yakoze ko kubadukiza”.

Umuvugizi wa FARDC muri aka gace, Gén. Léon Richard Kasonga Cibangu atangaza ko ari inyeshyamba 26 zishwe bamwe batwarwa na bene wabo, iki gitero akaba akita icy’intsinzi.

Muri Gicurasi 2018, FARDC nabwo yerekanye imirambo 14 y’inyeshyamba za ADF yari yishe mu mirwano yabereye ku muhanda Mbau-Kamango, muri Beni, Teritwari izi nyeshyamba zikomoka muri Uganda zimazemo imyaka isaga 20 zarazengereje.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *