Umuganga wishe abarwayi 85 yakatiwe ubuzima bwose mu buroko

Sangiza iyi nkuru

Mu rukiko rwa Eldonburg kuri uyu wa kane, Niels Hà¶gel wari umuganga mu Budage, yakatiwe igifungo cy’ubuzima bwose nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abarwayi 85. Ari mu bicanyi ruharwa bavugwa muri iki gihugu.

Uyu muganga washinjwaga kwicira aba bantu mu mavuriro abiri, yari asanzwe afunzwe azira guha abarwayi b’umutima imiti irengeje ubukana, bikarangira itwaye ubuzima bwabo. Yashakaga kwereka bagenzi ko ari umuhanga.

Mu gihe yavuraga abarwayi, uyu muganga yigizagayo abandi mu buryo bwo kubereka ko ubwe yihagije; yashobora kubavura nta wundi umwunganiye, na bo bakamwitegaho ibitangaza ngo arabakiza. Keretse ko abaturage banenga cyane aba baganga.

Ku rubanza rwe rwa nyuma, Hà¶gel yasabye imbabazi abantu yahekuye ariko yemera ko yishe 55. Urukiko rwa Oldenburg mu Budage rwo rwemeza ko 85 ari bo yishe.

” Nshaka kubasaba imbabazi kuri ibi byose nabakoreye muri iki gihe cyose.”

Yahamwe n’ibi birego byo kwica abantu 85 ariko polisi ivuga ko ashobora kuba yarishe abasaga 200, abiciwe bo bakavuga 300. Impamvu polisi itanga ngo ni ibimenyetso byagombaga kumushinja byangiritse.

Mu Kwakira, 2018, Hà¶gel yashinjwaga kwica abantu 100 ariko ahamwa 43, ahanagurwaho 14, we agasubiza ko atibuka.

Hà¶gel afite imyaka 42 y’amavuko. Yatangiye kwica abarwayi kuva mu 1999 kugeza mu 2005 ubwo yaguwe gitumo aha umurwayi imiti atari yandikiwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *