Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe, Hon. Mukabalisa yabonanye na Minisitiri w’Intebe wa Tanzania

Sangiza iyi nkuru

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe rw’akazi mu gihugu cya Tanzania, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Hon. Mukabalisa Donatille yabonanye na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Rt Hon. Kassim Majaliwa bagirana ibiganiro ku gukomeza imibanire n’ubufatanye mu nzego zitandukanye hagati y’ibihugu byombi.

D81sWJwWsAA5BQk
Hon. Mukabalisa mu biganiro na Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Rt Hon. Kassim Majaliwa

Aganira na Hon. Mukabalisa, Minisitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa yavuze ko Tanzania ishima iterambere rimaze kugerwaho n’u Rwanda n’ukuntu ari intangarugero ku mpinduka mu mibereho n’ubukungu ku mugabane wa Afurika. Yashimangiye ko igihugu cye kiyemeje gukomeza ubufatanye n’u Rwanda.

D81RcMUWwAECKU1

D81RbB6XUAAZp2MKuri uyu wa kabiri, Hon Mukabalisa yasuye Kaminuza ya Dodoma iherereye mu burasirazuba bw’umurwa mukuru Dodoma. Ni Kaminuza yatangiye mu 2007, kugeza ubu ikaba ifite abanyeshuri 29,000 n’abakozi 1500.

D8109pRWwAA 1to
Hon Mukabalisa yasuye Kaminuza ya Dodoma asobanurirwa byinshi biyerekeye

D811NqvW4AA2P5j

Mbere yaho, yabanje gusura Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania, aho yagiranye ibiganiro na Komite ishinzwe ububanyi n’amahanga, ubwirinzi n’umutekano, baganira ku mibanire y’ibihugu byombi n’iy’inteko zishinga amategeko zabyo.

Hon Mukabalisa n’itsinda ayoboye na Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania n’abagize komite ishinzwe ububanyi n’amahanga mu nteko ya Tanzania

Mu biganiro n’iyi komite byari biyobowe na Hon. Mussa Aza Zungu, aho Hon. Mukabalisa n’itsinda ry’abadepite yari ayoboye yagaragaje ubushake bw’u Rwanda bwo kurushaho gukomeza ubucuti buri hagati y’abaturage b’u Rwanda n’aba Tanzania.

Kuwa 10 Kamena nibwo Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Hon. Mukabalisa yasesekaye muri Tanzania, aherekejwe n’itsinda ry’abadepite barimo Hon. Dr Ngabitsinze Jean chrysostome na Hon. Rubagumya Furaha.

D8sZjgqXsAAfEg5

Yabonanye na mugenzi we uyobora Inteko ishinga Amategeko ya Tanzania, Hon. Job Ndugai baganira ku mikorere y’inteko zishinga amategeko z’ibihugu byombi, baniyemeza gukomeza imibanire hagati y’ibihugu byombi no hagati y’izi nteko zishinga amategeko.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *