Amafoto: Inyeshyamba nyinshi bivugwa ko ari iza Kayumba Nyamwasa zishwe izindi zirafatwa

Sangiza iyi nkuru

Abantu benshi bikekwa ko ari inyeshyamba z’Abanyarwanda bishwe abandi bafatwa ari bazima nyuma y’igikorwa cya gisirikare cy’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Kivu y’Amajyepfo. Ababashije kurokoka biravugwa ko bahungiye nko mu birometero 100 uvuye I Minembwe.

Kuri uyu wa kane nibwo byatangajwe ko uwitwa Habib Mudasru (uri ku ifoto hasi), bivugwa ko ari umuyobozi mukuru mu nyeshyamba za RNC zikorera muri Kivu y’Amajyepfo, yatawe muri yombi.

D D2uQZXUAAqwso

Indi foto iragaragaza umurambo w’undi murwanyi wa RNC bivugwa ko yitwa Capt. Sibo.

D D2sTCWwAA9MVr

Bivugwa ko Capt. Sibo yari yungirije Gen. Kayumba Nyamwasa nubwo bitaremezwa n’ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru.

D D0PJHXoAEeh19
Zimwe mu ntwaro zambuwe izi nyeshyamba

Hari andi mafoto yagaragaye y’abarwanyi benshi bafashwe bambitswe amapingu n’igisirikare cya Congo.

D DmK02WwAY1ODd D DmK0PXsAA0nYM

Amakuru aturuka I Minembwe akaba avuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, imirwano yari ikomeje. Abaturage b’I Minembwe bakaba batangarije itangazamakuru ko abarwanyi ba Kayumba bahungiye za Kalehe-Mwenga, mu birometero nk’ijana uvuye aha.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *