Abayoboke b’ishyaka UDPS, riri ku butegetsi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, muri Mbuji, mu Ntara ya Kasai-Oriental kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 24 Nyakanga bigabije imihanda banibasira minisitiri w’ubutabera w’intara arakubitwa ajyanwa mu bitaro. Abigaragambya basabaga gusubiza muri guverinoma y’intara umuntu wabo witwa Boniface Kapena.
Kuri uyu munsi bivugwa ko wari uwa kabiri w’imyigaragambyo, ibintu byari bishyushye ku cyicaro cya UDPS, aho abigaragambya batwitse amapine ndetse bakabangamira urujya n’uruza ku bagenzi.
Ibi bikaba byarabaye nyuma y’aho habaye kuvugurura guverinoma y’intara ya Jean maweja Muteba, bagashyiramo umuyoboke wa UNC bagakuramo uyu Boniface Kapena wa UDPS bigatuma abayoboke be bahangana n’abashinzwe umutekano nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ikomeza ivuga.
Imibare yashyizwe hanze ikaba ivuga ko muri iyi myigaragambyo hakomerekeye abantu bane bakajyanwa kwa muganga.
Amakuru akomeza avuga ko abigaragambya banateye minisitiri w’ubutabera w’intara bakamuhondagura bikarangira ajyanwe mu bitaro.


