Burundi: Ingoro ya CNL muri Rumonge yatwitswe n’abakekwa kuba Imbonerakure

Sangiza iyi nkuru

Abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi bakomeje kwibasirwa mu gihe hitegurwa amatora y’umukuru w’igihugu mu mwaka utaha, aho kuri ubu havugwa itwikwa ry’ingoro y’ishyaka CNL, rya Agathon Rwasa, muri Rumonge.

Amakuru aturuka mu binyamakuru by’I Burundi aravuga ko ubu ikigezweho kuri iri shyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ari ugusenya ingoro zaryo hirya no hino ndetse no kuzitwika.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri rishyira kuri uyu wa Gatatu, itariki 31 Nyakanga, indi ngoro ya CNL yaraye itwitswe n’abantu bataramenyekana mu Ntara ya Rumonge.

Ishyaka CNL rikaba ritangaza ko iyi ngoro yayo yaraye itwitswe mu gihe yendaga gutahwa mu minsi ya vuba.

EAzDyrwWsAE6c m

Iri shyaka rikaba ritunga urutoki urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi ruzwi nk’Imbonerakure rivuga ko ari zo ziri inyuma y’uko gutwika ingoro yaryo.

Leta y’u Burundi yo ntacyo iratangaza gifatika kuri ibi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *