Urubanza rwa Omar al-Bashir wahoze ari perezida wa Sudani ku byaha bya ruswa ruzatangira ku itariki 17 kanama nk’uko byemejwe n’umwunganizi we mu mategeko nyuma y’aho umukiriya we ananiriwe kugera mu rukiko kuri uyu wa Gatatu aho icyiciro cya mbere cy’urubanza cyagombaga gutangira.
“Uyu munsi wari icyiciro cya mbere cy’urubanza rwe, ariko abayobozi ntibabashije kumuzana kubera impamvu z’umutekano, ubwo rero umucamanza yatumenyesheje ko urubanza ubu ruzatangira kuwa 17 Kanama,” uyu ni umunyamategeko Hisham al-Gaaly wunganira Omar Bashir.
Ukuriye itsinda ryunganira basher mu mategeko, Ahmed Ibrahim al-Tahir, we aravuga ko umukiriya wabo ashinjwa icyaha kidafite ishingiro nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ikomeza ivuga.
Kuwa 16 Kamena, nibwo umushinjacyaha yasomye ibirego bishinjwa uyu mugabo wahiritswe ku butegetsi n’igisirikare iba inshuro ya mbere yari agaragaye mu ruhame kuva yahirikwa kuwa 11 Mata.
Bashir akaba ashinjwa gutunga amafaranga y’amahanga, ruswa no kwakira impano mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Tahir akavuga ko kimwe muri ibi birego gifitanye isano na miliyoni 7 z’Amayero yahawe nk’impano n’umuterankunga kandi atari mu ngengo y’imari ya leta.
Muri Mata, Gen. Abdel Fattah al-Burhan, ukuriye igisirikare cyahiritse ubutegetsi, yavuze miliyoni zisaga 113$ ziri mu mafaranga y’ubwoko butatu butandukanye yasanzwe mu rugo rwa Bashir.
Yavuze ko itsinda ry’abapolisi, abasirikare n’abandi bashinzwe umutekano, bahasanze miliyoni 7 z’Amayero, amadolari 350,000, na miliyari 5 z’amapounds ya Sudani (angana na miliyoni 105$).
Bashir akaba yarahiritswe ku butegetsi n’igisirikare nyuma y’amezi igihugu cyose kirimo imyigaragambyo yadutse mu Ukuboza nyuma y’aho leta ikubiye gatatu igiciro cy’umugati.


