Urukiko rwa Muhanga rwakatiye igifungo cya burundu abantu bane, barimo umugore bari bakurikiranweho kwica umuntu bari biriwe basangira byagera ninjoro bakamwivugana.
Ku wa 26 Nyakanga 2019, nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwasomye dosiye Ubushinjacyaha bwarezemo Dusabe Marcel, Hategekimana Zacharie, Muhire Evase na Mukakizima Elina, icyaha cy’ubwicanyi bakoreye Eliab Ndayisaba bamuteye icyuma mu ijosi .
Urukiko rwabakatiye igihano cy’igifungo cya burundu nk’uko Ubushinjacyaha bwari bwakibasabiye nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.
Ubu bwicanyi bwakozwe mu ijoro ryo ku wa 08 Werurwe 2019 ubwo abaregwa aribo Dusabe Marcel , Hategekimana Zacharie, Muhire Evase na Mukakizima Elina bose babarizwa mu Kagali ka Munini , Umurenge wa Ruhango ho mu Karere ka Ruhango, bitwikiriye ijoro bakica uwitwa NDAYISABA Eliab bamuteye icyuma mu ijosi bakaba bari biriwe basangira inzoga mu kabari k’umwe mu baregwa witwa Dusabe Marcel.
Mu iburanisha ryo ku wa 20/6/2019 abaregwa bose baburanye bahakana icyaha, Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ibimenyetso bushingiraho bubarega icyaha cy’ubwicanyi , hashingiwe ku ngingo ya 107 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


