Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, kuri uyu wa Kane, itariki 01 Kanama, cyatangaje ko kigaruriye uduce tugera mu 10 twari mu maboko y’imitwe yitwaje ibirwanisho mu mirenge ya Walendu Pitsi na Tatsi, muri Teritwari ya Djugu. Ngo ni mu bikorwa bya gisirikare biheruka byiswe ‘Zaruba ya Ituri’ (Igihuhusi muri Ituri ) muri iyi zone. Umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lt Jules Ngongo aravuga ko hishwe inyeshyamba 24 izindi zisaga 10 zigafatwa nyuma y’imirwano ikomeye.
Utwo duce kuri ubu turi kugenzurwa na FARDC nyuma y’iyo mirwano ni Voo, Sao, Asada, Ladrou, Tseibi, Ngo, Tsilo, Dedei, dadaruu na Wudjo.
Lt Jules Ngongo avuga ko icyari kigambiriwe ari ukwirukana abitwaje ibirwanisho bose muri ibi bice bageragezaga kwisuganyirizamo nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.
Mu minsi 11 y’imirwano, igisirikare cya Congo kivuga ko kivuganye inyeshyamba 24, izigera kuri 17 zifatirwa ku rugamba, mu gihe izindi eshatu zageragezaga gucika nazo zafashwe. Amakuru aturuka aha kandi aravuga ko hafashwe ibikoresho byinshi bya gisirikare birimo imbunda eshanu za AK-47 n’indi imwe ya PKM.
Umuvugizi wa FARDC muri Ituri yashimangiye ko ibikorwa byabo bikomereje mu bindi bice bikirangwamo inyeshyamba.
Â


