Ambasaderi wa Zimbabwe muri Tanzania yashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano rwa Amerika

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyize Ambasaderi wa Zimbabwe muri Tanzania, akaba yarahoze ari general mu gisirikare, ku rutonde rw’abantu bafatiwe ibihano kubera kwica abasivili batandatu mu myigaragambyo yakurikiye amatora y’umukuru w’igihugu yo mu mwaka ushize.

Uyu wahoze ari akuriye umutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu, Anselm Sanyatwe, niwe wari uyoboye ingabo zarashe ku baturage bigaragambyaga bamagana itinda ry’itangazwa ry’ibyavuye mu matora muri Harare kuwa 01 Kanama 2018.

Abaye umuntu wa mbere ufatiwe ibihano ndetse n’umuyobozi wa mbere muri Zimbabwe ushyizwe ku rutonde rw’ibihano rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva igisirikare cyahirika ku butegetsi umukambwe Robert Mugabe mu 2017.

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor iravuga ko Brig. Gen. (Rtd) Sanyatwe, kuri ubu uhagarariye Zimbabwe muri Tanzania, yashyize urupfu rw’abo baturage ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ubwo yitabaga komisiyo yari ishinzwe iperereza yari iyobowe n’uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Kgalema Motlanthe , wayoboye by’agateganyo nyuma y’iyegura rya Thabo Mbeki hagati ya 2008 na 2009.

Iyi komisiyo yaje gusanga kuba igisirikare cyarakoresheje amasasu ya nyayo ku bigaragambyaga nta bisobanuro byari bifite kandi bitari ngombwa.

Presidential Guard commander Brigadier General Anselem Nhamo Sanyatwe

 

Ubwo kuri iyi tariki ya 01 Kanama 2019 hibukwaga umwaka ushize ubwo bwicanyi bubaye, Ambasaderi wa Amerika muri Zimbabwe, Brian Nichols, yavuze ko ubuhubutsi bwagaragajwe n’igisirikare icyo gihe bwahungabanyije imbaraga igihugu cyashyiraga mu gushaka kurangiza akato cyashyizwemo n’amahanga.

Ambasaderi Nichols yakomeje avuga ko leta ye ihangayikishijwe no kuba nta musirikare wagize uruhare muri ubwo bwicanyi wigeze aburanishwa.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *