Col. Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yahawe igihembo nk’umuntu wahirimbaniye ukwishyira ukizana kw’abaturage.
Iki kihembo cyitwa ‘African Hero Award’ yagiherewe i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa 16 Kanama yaherekejwe n’umugore we, Winnie Byanyima n’umuhungu we, Anselm Besigye.
Besigye avuga ko ari Imana yamufashije kuba akiriho n’ibihe bikomeye yanyuzemo arwanirira aheza ha Uganda. Ashimira cyane Byanyima wemeye kureka umwanya yari afite mu nteko ishinga amategeko ku bwe.
Besigye yavuze ubuzima bukomeye umuryango we wanyuzemo burimo gufungwa no guhungira hanze y’igihugu, byatewe n’uko atavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda. Avuga ko umugore we yafunzwe inshuro zigera muri 7 ku bwe, ndetse n’umuhungu we, Anselm wavutse mu 1999 yafunzwe mu 2003. Byabaye nyuma y’uko mu 2001, Besigye yatsinzwe amatora mu 2001 nyuma agahunga.
Col. Dr. Besigye yahatanye na Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye inshuro enye; mu 2001, 2006, 2011 n’ 2016 ariko yarayatsinzwe. Yagaragazaga ko habaye amanyanga mu ibarura ry’amajwi.
Mu 2004, Besigye yashinze ishyaka rya Forum for Democratic Change (FDC) ritavuga rumwe n’ubutegetsi. Agaragara anenga imiyoborere y’ishyaka rya NRM riri ku butegetsi.
Iki gihembo Besigye yahawe gitangwa n’ikinyamakuru Voice Magazine gifite ikicaro mu Buholandi. Cyashizweho na Rev. Elvis Iruh ku ntego yo gushyigikira abagira uruhare mu iterambere ry’Afurika.
Chimp Reports
Â


