Umugabo bivugwa ko ari Umunyarwanda witwa Sam Buchana yafatanwe imbunda ya pisitori n’amasasu yayo 19 byasanzwe iwe mu rugo muri Uganda, aho asanzwe aba.
Uyu mugabo bakunda kwita ‘City tycoon’ cyangwa se umuherwe yafashwe kuwa Gatanu w’icyumweru gishize n’Inzego z’ubutasi za Uganda ari kumwe n’abandi bashinjwa kugurisha zahabu z’ibicupuri.
Uyu mugabo bakunda kwita Sam Buchan muri Uganda yagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare ruyobowe na Lt. Gen. Andrew Gutti, aregwa gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Umushinjacyaha wa Gisirikare, Maj. Sam Maserejje nk’uko Spyreports dukesha iyi nkuru ibitangaza, yavuze ko Buchana yafatanwe imbunda kandi ari umusiviri.
Umwavoka wa Buchana, Frank Kanduho yatangaje ko atagira icyo atangaza kuri ibi birego, ko ahubwo yahabwa umwanya uhagije kugira ngo amenye byimbitse ibijyanye n’ibi birego.
Buchana bitazwi neza aho ubukungu bwe abukomora, ati “ Nafashwe ndegwa ibitandukanye n’ibyo barimo kundega ubu.”
Umucamanza Col. Richard Tukacungurwa yasabye ko Buchana yaburanishwa nta kabuza, ingingo uregwa yahakanye yivuye inyuma.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Urukiko rwategetse ko Buchana afungirwa muri Gereza ya Kigo kugeza kuwa 3 Nzeri kugira ngo ubushinjacyaha bukore iperereza ryimbitse.


