Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antà³nio Guterress , ategerejwe muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres ategerejwe muri Kivu, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aho agomba kuganira n’abarokotse Ebola n’abashinzwe kuyivura ndetse akazabonana na Perezida Tshisekedi.

Antà³nio Guterres ategerejwe muri Congo kuwa Gatandatu w’icyumweru gitaha, ku itariki 31 Kanama, nyuma y’uruzinduko azagirira mu Bufaransa mu nama ya G7 no mu Buyapani mu nama ku iterambere rya Afurika nk’uko umuvugizi we yabitangaje.

Uru ruzinduko rwo muri Congo ubusanzwe rwari ruteganyijwe mu Cyi mu 2018, rwari rwasunitswe inshuro nyinshi kubera impamvu zitandukanye.

Biteganyijwe ko uruzinduko rwe ruzamara iminsi itatu, akazahera muri Kivu y’Amajyaruguru aho azarushaho kongera ubukangurambaga bwo guhangana na Ebola, akazahura n’ababashije kuyirokoka n’itsinda ry’abaganga bayikurikirana mu kigo kivura iyi ndwara.

Mu burasirazuba bwa Congo nk’uko iyi nkuru dukesha Jeune Afrique ikomeza ivuga, Antà³nio Guterress azanasuzuma ishyirwa mu bikorwa rya manda ya Monusco mu kurinda abasivili no gufasha abayobozi gukaza umutekano mu gihugu.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni nyuma azerekeza i Kinshasa, aho azabonana na Perezida Felix Tshisekedi n’abandi bayobozi muri leta, abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abahagarariye sosiyete sivile.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *