Amb. wa Uganda mu Burundi yasabiwe gutabwa muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rukuru mu Karere ka Mukono, rwemereye Umuyobozi wa Polisi ya Uganda guta muri yombi, Uhagarariye Uganda mu Burundi, Rtd. Maj. Gen. Matayo Kyaligonza.

Umucamanza muri uru rukiko, Margaret Mutonyi yasabye ko Gen. Kyaligonza yafatwa, akagezwa imbere y’ubutabera ku byaha ashinjwa byo guhohotera umupolisikazi wari umufatiye mu makosa ahitwa Seeta mu Karere ka Mukono muri Gashyantare uyu mwaka.

Mutonyi kandi yasabye ko n’abashinzwe kurinda Kyaligonza ari bo Cpl Peter Bushenbich na Pte Robert Okurut bazagezwa imbere y’urukiko rwa gisivili.

Gen. Kyaligonza ni umwe mu basirikare barwanye urugamba rwa Luweero, ari rwo rwagejeje Museveni ku butegetsi. Uyu yayoboraga inyeshyamba z’ibanga zarwaniraga mu Mijyi. Uyu mugabo afite nimero RO/00034   mu gisirikare cya Uganda (UPDF).

Ni mu gihe abadepite bari baherutse gusaba ko Kyaligonza yeguzwa ku mwanya wa amabasaderi, ingingo yatumye avuga ko izi ntumwa za rubanda ari ” ibicucu.”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *