Uganda: Inzu zikorerwamo iyicarubozo ku Banyarwanda zatunzwe agatoki na Bobi Wine

Sangiza iyi nkuru

Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yatunze agatoki inzu zikorerwamo iyicarubozo ku barwanya ubutegetsi bwa Perezida  Yoweli Museveni wa Uganda.

Izi nzu zagiye zitungwa agatoki n’Abanyarwanda bagiye bafatirwa muri Uganda bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda, ingingo batahwemye guhakana.

Bobi Wine yamenyesheje Komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu  mu nteko ishinga amategeko ya Ugandako hari inzu zitandukanye z’ibanga zizwi nka ‘Safe House’ zikorerwamo iyicarubozo.

Asobanura ku byavuzwe na  Bobi Wine, Minisitiri w’Umutekano, Gen. Elly Tumwine yavuze ko izi nzu zihari atazi umubare wazo ariko zikoreshwa ku bw’impamvu z’iperereza.

Ati “  Nanjye ubwanjye sinzi ngo ni zingahe zikoreshwa n’inzego z’iperereza muri Uganda. Zimwe biba binagoye kuzigeraho.”

BBC dukesha iyi nkuru, ivuga ko  Bobi Wine yavuze ko na  Minisitiri Tumwine yaba afite iye bwite atoterezamo abantu iri ahitwa Nakasero. Iyi ni ingingo Tumwine atashatse kugira icyo avugaho.

Yasobanuye ko “  Safe house ziriho kugira ngo hakorwe iperereza, bityo ntabwo twatuma zimenyekana. Iperereza ntirishobora gukorerwa mu ruhame, rikorwa mu ibanga.”

Bobi Wine yavuze ko ahanini izi nzu zijyanwamo abatavugarumwe na Leta, Gen. Tumwine abitera utwatsi avuga ko niba hari ufite ubuhamya, yabutanga.

Gen. Tumwine yakuriye inzira ku murima aba badepite ababwira ko badateze kumenya izi nzu izo ari zo n’aho ziherereye.

N’ubwo avuga ibi, bamwe mu Banyarwanda bagiye bafungirwa muri izi nzu z’ibanga bahakuye ubumuga n’ubusembwa ku mubiri.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Bashyira mu majwi inzego z’iperereza rya Gisirikare, (CMI) n’urw’umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) kuba bari inyuma y’ibi bikorwa bikorerwa mu mazu y’ibanga.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *