Inyeshyamba zo mu mutwe wa mai-Mai zanyaze inka zigera kuri 500 z’aborozi b’Abanyamulenge ahitwa Nganji nk’uko byemezwa na Perezida w’aborozi ba Kasanga.
Uyu muyobozi w’aborozi bo mu bwoko bw’Abanyamulenge yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu ari bwo banyazwe inka n’abarwanyi ba Mai-Mai mu Karere ka Nganji, muri Teritwari ya Fizi.
Zimwe muri izo nka zanyazwe nk’uko bitangazwa n’urubuga Imurenge.com, ngo zanyazwe mu bikingi by’abagabo bagera kuri bane.
Perezida w’Aborozi b’Abanyamulenge, Mulindi Alexis, aravuga ko babimenyesheje igisirikare cya Congo bakabwirwa ko kigiye gukurikirana inka zabo.


