Bamwe mu baryamana bahije ibitsina bavuga ko bavutse bagasanga ari uko baremwe, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko iyi myumvire ari ikinyoma.
Bamwe bavuga ko ari abatinganyi kubera ko ari uko baremwe. Abandi bavuga ko babaye bo bitewe n’amafaranga, bari biteze kubibkuramo.
Kuri ubu ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Havard ifatanyije na MIT, bugaragaza ko uko umuntu aremwe nta jene (gene) afite ituma aba umutinganyi.
Bifashishije amakuru bavanye muri UK Biobank (abantu 409,000 ) na 23andMe (abantu 68,500), bagaragaje ko kuba umutinganyi ntaho bihuriye n’uko umuntu aremwe.
Ben Neale, Umwarimu muri Kaminuza ya MIT akaba no mu bakoze ubu bushakashatsi, yagize ati “ Ni nka ½ kuvuga ko jene igira uruhare mu guhitamo uwo mwahuza igitsina. Ariko nanone ni kintu cy’ingenzi mu gufata icyemezo kuri iyi ngingo.”
Mu mubiri w’umuntu nta jene [gene] y’ubutinganyi ibamo. Ntushobora kwiga kuri jene y’umuntu ngo uzameneye niba azaba umutinganyi cyangwa niba atari byo.”
Fah Sathirapongsasuti, umuhanga Siyansi muri 23and Me yagize ati “ Ibi ni ibintu bisanzwe by’impinduka turimo kugenda tubona. Ntaho bihuriye n’abatubwira ko twashaka uko twavura ubutinganyi.”
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
David Curtis, mwarimu muri Kaminuza ya Landani (London) ati “ Ubu bushakashatsi bwatweteretse ko mu muntu nta kintu kirimo kitwa jene y’abatinganyi.”
BBC


