Ntabwo ingabo z'u Rwanda ziri muri Congo, iza Congo nizo zamwishe-Amb. Nduhungirehe

Sangiza iyi nkuru

 

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, arahakana amakuru yavugaga ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amb. Nduhungirehe kandi yanahakanye ko nta ruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu iyicwa rya Lt. Gen Mudacumura Sylvestre wari umuyobozi w’inyeshyamba za  FDLR-FOCA, wishwe ku wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2019.

Ku wa Gatatu tariki ya 18 Nzeri 2019, Major Ndjike Kaiko, umuvigizi w’ingabo za DR Congo muri Kivu ya Ruguru, yatangaje ko ingabo za Leta (FARDC) arizo zishe Sylvestre Mudacumura na bamwe mu bo bari kumwe.

Hari amakuru yavuzwe nyuma ko izi ngabo zaba zafashijwe n’iz’u Rwanda muri iki gikorwa ariko rukaba rubitera utwatsi.

Amb. Nduhungirehe avuga ko mu bihe byashize hari ibikorwa (operations) ingabo z’u Rwanda n’iza DR Congo zafatanyije mu guhashya imitwe yitwaje intwaro.

Ati: “Ariko ubu hari ubushake bwa Congo ubwayo, turacyafatanya mu bikorwa bisanzwe nko guhana amakuru n’ibindi. Ingabo z’u Rwanda ntabwo ziri muri congo ayo makuru ntabwo ariyo ingabo za Congo nizo zavuze ko zamwishe”.

BBC itangaza ko mu kwezi kwa karindwi Perezida Félix Tshisekedi yasuye intara ya Ituri aho yatangaje ko ingabo ziri gukora “ibitero bigari” bigamije kurandura imitwe y’inyeshyamba z’abanyamahanga.

Mu burasirazuba bwa Congo hakorera imitwe itandukanye y’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda n’ubw’u Burundi.

Bwana Nduhungirehe avuga ko urupfu rwa Mudacumura ari “inkuru nziza ku baturage ba Congo no ku baturage b’u Rwanda”. Kanda hano usome Inkuru bifitanye isano

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *