Ababuriye ababo mu mpanuka y’indege barimo Umunyarwanda banze indishyi y’akababaro bagiye guhabwa

Sangiza iyi nkuru

Imiryango 15 yaburiye ababo mu mpanuka ya kompanyi ya Ethiopian Airlines  yo ku Cyumweru tariki 10 Werurwe 2019 barimo Umunyarwanda Jackson Musoni batangaza ko batakwemera indishyi y’akababaro Kompanyi ya Boeing ingana na Frw miliyoni 132 ishaka kubaha.

Abanyamategeko b’iyi miryango bavuga ko iyi ndishyi ntacyo ivuze, ko ahubwo iyi kompanyi ishaka kwiyamamaza.

Nomaan Husain, umwe mu baburanira iyi miryango avuga ko  aya mafaranga adakwiriye.

Ati “ Amafaranga $144,000 ntaho ahuriye n’abo iyi mirayngo yabuze. Iki si ikintu gishobora guhoza imiryango. Iyi miryango ikeneye indishyi y’ukuri.”

Robert Clifford, undi munyamategeko uri mu rubanza ruri kubera I Texas muri Amerika avuga ko Kompanyi ya Boeing isa nk’aho ishaka kwirengagiza ikibazo cy’iyi miryango yabuze ababo bitewe n’ibibazo by’indege yayo  Boeing 737Max 8.

Yavuze ko niba Boeing yaremeye gutanga miliyoni ijana z’amadolari, igie cy’imwe cyayo bakeneye gukomeza gukurikirana uko kizakoreshwa.

Avuga ko iyi miryango yifuza ko ababo baguye muri iyi mpanuka, bakubakirwa urwibutso.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Umuyobozi wa Kompanyi ya Boeing, Dennis Muilenberg nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, avuga ko kuba Boeing yemeye gutanga ariya mafaranga ari mu rwego rwo gufasha iyi miryango. Ni ikintu avuga ko ari intambwe ikomeye.

 

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *