Intambara yongeye kuvuza ubuhuha mu Minembwe

Sangiza iyi nkuru

Mu karere ka Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hongeye kuvugwa imirwano irimo kuba hagati y’abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abafulero, bityo abaturage bakaba barimo kuva mu byabo bagahunga.

Gad Mukiza uyoboye aka Karere ka Minembwe yavuze ko izi ntambara ziri hagati y’Abanyamulenge ku ruhande rumwe hamwe n’Abafulero, Ababembe n’Abanyindu ku rundi ruhande.

Bwana Mukiza avuga ko zatangiriye muri Segiteri ya Tombwe iri muri ‘Territoire ya Mwenga, mu ntangiriro z’uku kwezi, ubu zikaba zongeye gukaza umurego.

Akomeza avuga ko Leta ya Congo yagerageje koherezayo ingabo kugira ngo zigerageze guhosha iyo ntambara iri hagati y’abaturage.

Nk’uko BBC ibitangaza, ngo umunyamakuru wa Radio Televiziyo y’igihugu cya Congo, Mahoye Madiba Issa, uri mu karere ka Fizi, avuga ko izo ntambara zari zagabanije ubukana.

Ibi byabaye nyuma y’aho abategetsi batari bake, barimo abahagarariye MONUSCO bari bagendereye ako karere kugira ngo gashakirwe amahoro.

Avuga ko mu minsi ishize iyi mirwano yari yahoshejwe ariko ubu ikaba yongeye gukara cyane.

Mukiza avuga ko kuva kera Leta za Congo zagiye zinanirwa guhosha iyi mirwano y’amoko. Ati “Ni Abanyamulenge barwana n’abaturanyi babo b’Abafulero, Ababembe n’Abanyindu. Ni ikibazo kigenda kigaruka kigafata isura y’amoko”.

Akomeza avuga ko hari abanyapolitiki baba bafite inyungu muri iyi mirwano bityo bagakomeza kuzitiza umurindi. Kugeza ubu ngo Komine Minembwe yonyine ibarizwamo impunzi zisaga 49.500 ahanini zigizwe n’Abanyamulenge.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *