Ahiciwe inyeshyamba 14 hanatoraguwe umurambo w’umupolisi w’u Burundi

Sangiza iyi nkuru

Umurambo w’umupolisi wabonwe ku nkengero z’ishyamba kimeza rya Kibira, ku musozi wa Mpishi nyuma yo gukozanyaho n’inyeshyamba.

Ni umurambo wabonwe ku wa Gatatu tariki ya 23 Ukwakira 2019, kuri uyu musozi wa Mpishi, mur Komini Musigati, Intara ya Bubanza, ku nkengero z’ishyamba Kimeza rya Kibira.

Amakuru aturuka mu gipolisi cy’u Burundi avuga ko habayeho ukurasana hagati y’abapolisi ndetse n’umutwe w’inyeshyamba, uyu ati “Umupolisi yahaburiye ubuzima noneho abasirikare bane barakomereka bikomeye”.

Abaturage batuye muri aka gace batangaza ko bafite ubwoba baterwa n’umubare w’abasirikare ba Leta bakomeza kuzenguruka muri aka gace kegereye ishyamba rya Kibira.

Ikinyamakuru Sosmedia Burundi gitangaza ko umupolisi wishwe n’abasirikare bakomeretse bajyanwe n’imodoka ya gisirikare, gusa umutwe w’abitwaje intwaro bakozanyijeho n’izi nzego z’umutekano za Leta ukaba utaramenyekana.

Ibi bibaye mu gihe mu gitondo cyo ku wa Kabiri, hari undi mutwe w’inyeshyamba wagabye igitero muri iyi Ntara ya Bubanza, ukozanyaho n’inzego z’umutekano.

BBC yatangaje ko 14 mu nyeshyamba bahaburiye ubuzima, nyuma inyeshyamba za Red-Tabbara ziza kwigamba ko arizo zari zahagabye igitero ziturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Inzego z’umutekano mu Burundi zivuga ko iyi mirwano yabereye ahitwa Kayange, inyeshyamba zikaba zahatakarije abantu 14 n’imbunda 11 zikaba zafashwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *