Isanduku ya Leta ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko aba-hackers b’Abashinwa binjiye aho bakorera ndetse no mu nyandiko zayo mu byo yise ‘igitero cy’ikoranabuhanga gikomeye’ igabweho.
Ikigega cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kivuga ko aba-hackers b’Abashinwa bashoboye kwiba inyandiko mu gitero gikomeye cy’ikoranabuhanga mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, AP.
Uru rwego rw’ingenzi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rushinzwe guteza imbere ubukungu no guharanira umutekano w’imari ya Washington kivuga ko aba hackers bashoboye gutwara inyandiko z’ibanga nyinshi nyuma yo guhagarika indi porogaramu.
Urwego ntirwatanze ibisobanuro birambuye ku bijyanye n’aho imirimo ikorerwa hinjiriwe cyangwa imiterere n’uburemere by’inyandiko zibwe. Mu ibaruwa yoherereje abadepite bo muri Amerika, Minisiteri y’imari yagize iti: “Kugeza ubu nta kimenyetso cyerekana ko ubiri inyuma yakomeje kubona amakuru y’imari”.
Umuvugizi mu itangazo rye ritandukanye yagize ati: “Ikigega cya Leta gifatana uburemere cyane iterabwoba kuri sisitemu zacu, ndetse n’amakuru zifite”.


