Ggc_BduXYAAmLNQ

Abashumba bitwaje imbunda bavuye Nigeria bishe abasirikare 5 ba Cameroun

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bagize inteko ishinga amategeko y’akarere akaba n’umuyobozi gakondo yavuze ko abantu bitwaje imbunda baturutse muri Nigeria bishe byibuze abasirikare batanu ba Cameroun ndetse bakomeretsa abandi benshi mu Mudugudu wa Bakinjaw ku mupaka w’ibihugu byombi.

Ibi ni ibyanyuma mu rukurikirane rwo kugerageza gufata ubutaka muri kariya gace.

Aka Martin Tyoga, umudepite mu karere ka Akwaya mu majyepfo y’iburengerazuba bwa Cameroun, aho ibyo byabereye, yabwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters ko iki gitero cyabaye mu gitondo cyo kuwa Gatanu, ubwo abashumba bitwaje intwaro bo mu bwoko bwa Fulani babarirwa mu magana bambukaga umupaka bava muri Leta ya Taraba muri Nigeria bagatera ibirindiro bya gisirikare.

Yavuze ko ari ukwihorera nyuma y’uko abasirikare ba Cameroun bishe abashumba benshi ku munsi wari wabanje kuwa Kane. Ni mu gihe Agwa Linus, umuyobozi gakondo wa Bakinjaw, yavuze ko abateye banatwitse inzu ye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *