slide0029_image030

RDC: Imirwano hagati ya M23 na FARDC yaramukiye mu bice bikikije Goma

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 12 Mutarama 2025 imirwano yongeye gusubukurwa hagati y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Congo zishyigikiwe na Wazalendo. Imirwano ikaze iravugwa ahantu habiri harimo  Kibaya / Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo mu majyaruguru ya Goma no mu nkengero za Sake mu burengerazuba bwa Goma nk’uko amakuru agera kuri
Kivu Morning Post avuga. Urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje ruri kumvikana muri ibyo bica no hafi yaho.

Sosiyete sivile ya Masisi iravuga ko M23 ishaka gutera Umujyi wa Goma. Mu gihe imirwano ikomeje kuri iki Cyumweru mu bice bikikije umujyi, hagaragaye guhunga ku bwinshi kw’abasivili berekeza mu Mujyi wa Goma. Ibi biragaragara ku ruhande rwa Sake.

“Turakangurira Guverinoma ya Congo, inzego zose z’umutekano ko zigomba gukomeza kuba maso. Inyeshyamba za M23 zafashe icyemezo cyo gutera Umujyi wa Goma ku mpande nyinshi, bateguye abantu babo baza kwigira nk’impunzi, nibagera mu mujyi, baratera bahereye imbere hanyuma baze gufashwa n’abandi. Abavanwe mu byabo baturuka mu midugudu yigaruriwe na M23 bagomba kugenzurwa neza cyangwa bagashyirwa ahantu baza gukurikiranirwa hafi, ” uyu ni Lushingi B. umunyamuryango wa sosiyete sivile muri Masisi, nk’uko bitangazwa n’umunyamakuru Michombero.

Imidugudu myinshi yigaruriwe na M23 iratuwe cyane nubwo habaye imirwano inshuro nyinshi. Ibi ni ko bimeze i Bunagana, Rutshuru, Kiwanja, Rumangabo, Karuba, Rubaya, Mushaki, Matanda, Kilolorwe, Kichanga, Muheto, n’ahandi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *