Umu majoro mu Gipolisi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo witwa Christophe yiciwe muri kamwe mu duce two mu Mujyi wa Goma, aho bamwe bemeza ko yaba yazize ko ari Umututsi.
Amakuru yashyizwe ahagaragara dukesha Kivu Morning Post avuga ko Major Christopher wo mu Gipolisi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (PNC), yishwe n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye.
Bivugwa ko ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira kuwa Gatandatu, itariki 18 Mutarama 2025, bibera mu gace ka Ndosho mu Mujyi wa Goma, Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Iyi nkuru ikomeza ivuga ko muri icyo gikorwa cy’abantu bitwaje intwaro hishwe umugore wo mu Kagali ka Ndihira, Ndosho ibarizwamo nk’uko byemejwe n’abayobozi.

Abakurikiranira hafi ibimaze iminsi bibera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ariko, baremeza ko uyu mupolisi yaba yazize ubwoko bwe.
Uwitwa Pierre Kazadi kuri X yahise yemeza ko yazize ko ari Umututsi.
Ni mu gihe uwiyita @MasisiFK we yagize ati:” Kuki mutavuga ko yishwe kuko ari Umututsi, twese tuzi ko guverinoma y’ikibi itarambirwa kwica inzirakarengane.”


