file-VuZ9bWppsLk18dZgPZVfyr

Trump yagaruye TikTok muri Amerika

Sangiza iyi nkuru

TikTok yongeye gukora muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku Cyumweru nyuma y’uko Perezida Trump atangaje ko azasohora itegeko ryihariye ryo guhagarika ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko riyihagarika.

Ku wa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama 2025, TikTok yari yahagaritse serivisi zayo muri Amerika kubera itegeko ryari ryatowe kubera impamvu z’umutekano w’igihugu.

Gusa ku Cyumweru tariki 19 Mutarama 2025, Trump yavuze ko azakoresha ububasha bwe kuri iki kibazo kugira ngo agikemure ntawubangamiwe.

TikTok yashimye Trump mu itangazo ryayo, ivuga ko izakomeza gukorana n’ubuyobozi bwe kugira ngo haboneke igisubizo kirambye cyatuma ikomeza gukora muri Amerika.

Itegeko ryo guhagarika TikTok ryari ryashyizweho mu rwego rwo kurinda umutekano w’igihugu gusa Trump yarirenzeho agarura uru rubuga aho avuga ko agiye gushyiraho irindi tegeko rishya.

Abayobozi nka Marco Rubio na Tom Cotton bagaragaje impungenge zabo kuri uru rubuga gusa Trump we yavuze ko yifuza ko Abanyamerika bakomeza kugira urubuga rwo kwishimishirizaho.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *